Achievements

Guhagarara umwanya muto no guhagarara umwanya munini.

. Guhagarara umwanya muto no guhagarara umwanya munini.

  1. Uretse igihe hari amategeko yihariye akurikizwa muri ako karere cyangwa
    imitunganyirize bwite y’aho, ikinyabiziga cyose cyangwa inyamaswa ihagaze umwanya
    muto cyangwa munini igomba kuba iri:
    a) mu kuboko kw’iburyo hakurikijwe aho yaganaga keretse iyo ari
    umuhanda w’icyerekezo kimwe, ari nabwo na none ishobora kuba iri ibumoso
    bw’umuhanda;
    b) ahegereye bishobotse akayira k’abanyamaguru iyo umuhanda ugafite, ariko
    umwanya uri hagati y’ibinyabiziga n’akayira ntube urenga santimetero 50;
  2. Birabujijwe guhagarika umwanya munini mu gihe kirenze iminsi 7 ku nzira
    nyabagendwa: ibinyabiziga bifite moteri bitagishoboye kugenda kimwe na romoruki
  3. Umuyobozi ntashobora gusiga ikinyabiziga cye cyangwa inyamanswa ze atabanje
    kwiringira ko nta mpanuka iyo ariyo yose iri bube, kandi na none yaba ari ikinyabiziga
    gifite moteri, atabanje kwiringira ko kitakoreshwa nta ruhushya rwe.
  4. Birabujijwe gukingura umuryango cyangwa kuva mu kinyabiziga cyangwa kukijyamo
    utabanje kwiringira ko bidashobora gutera ibyago cyangwa bitabera imbogamizi abandi bali
    mu nzira nyabagendwa.
  5. Ikinyabiziga cyose uretse velomoteri cyangwa ipikipiki idafite akanyabiziga kari ku
    ruhande gihagaritswe ku muhanda kigomba kurangirwa kure n’ikimenyetso cyabigenewe
    kiri ahantu hagaragara, kugira ngo kiburire hakiri kare abandi bayobozi baza bagisanga:
    .
    Guhagarara akanya gato no guhagarara akanya kanini bibujijwe cyane cyane:
    -mu duhanda tw’abanyamagare no mu bice by’umuhanda byagenewe abanyamaguru
    velomoteri, n’abagenzi bambukiranya umuhanda no mu muhanda ahatari nibura metero 5 hino
    yaho abanyamaguru bambukira;
    -mu nzira z’abanyamaguru, no mu nsisiro, ari ku nkengero zigiye hejuru, ndetse -ku
    mihanda ibisikanirwamo, iyo ubugari bw’umwanya w’ibinyabiziga bigomba gutuma bibisikanirwamo
    butagifite metero 6;
    ku mihanda y’icyerekezo kimwe iyo ubugali bw’umuhanda usigaye buba butagifite metero
    eshatu;
  • .hejuru no munsi y’amateme no mu mihanda inyura ikuzimu, keretse hari amategeko
    yihariye akurikizwa muri ako karere;
  • .mu ikoni cyangwa hafi y’impinga y’umupando iyo kureba mu byerekezo byombi bihuliye
    kuri metero 20 nibura mu nsisiro cyangwa kuri metero 100 nibura ari ahatari insisiro.
    Ikinyabiziga kibujijwe guhagarara akanya kanini:
    -imbere y’ahantu nyabagendwa hinjirwa n’ ahasohokerwa n’abantu benshi;
    -mu masaha bafunguriraho imbere y’ahinjirirwa n’ahasohokerwa hagenewe
    imyidagaduro, h’amashuri n’amazu y’imyidagaduro;
    -ahantu abanyamaguru bagomba kunyura mu muhanda kugirango bakikire inkomyi;
  • Mu muhanda aho ugabanyijemo ibisate bigaragazwa n’imirongo idacagaguye;
  • mu muhanda wo hagati mu nzira ugizwe n’imihanda itatu;
    -ahantu hari ibimenyetso bibibuza byabigenewe.

-lyo umuyobozi w’ikinyabiziga adahari, umukozi ubifitiye ububasha ashobora guhita agikuzaho,
ariko i ibyacyangirikaho n’amafaranga yo kugikuzaho, bikabarwa kuri Leta, keretse iyo icyo
kinyabiziga cyahashyizwe ku buryo bunyuranije n’amategeko yerekeye guhagarara akanya gato
cyangwa kanini.
Ubwo buryo ntibushobora gukoreshwa mu nzira nyabagendwa n’undi mugenzi
atabifashijwemo n’umukozi ubifitiye ububasha.

By Urungano Initiative

We provide reliable and evidence based SRHR information

Leave A Comment

Your Comment
All comments are held for moderation.