Achievements

IBINYABIZIGA BIKURURANA


Ikinyabiziga kigendeshwa na moteri n’ikinyabiziga gikururwa n’inyamaswa ntibishobora
gukurura ibinyabiziga birenze bibiri. Nyamara ipikipiki ifite akanyabiziga ko kuruhande
ntishobora gukurura rumoroke nimwe

  1. Gushyira mu muhanda ku buryo budasanzwe ibinyabiziga bikururana birenze bitatu
    bigomba gutangirwa uruhusa na Minisitiri ushinzwe Gutwara Abantu n’lbintu.
  2. IBIMAZE KUVUGWA ntibikurikizwa ku binyabiziga bikururana bivugwa hepfo, bipfa
    kuba bigenda bitarengeje umuvuduko wa kilometero 20 mu isaha.
    a) ibinyabiziga bikururana bikoreshwa mw’imulika-gulishwa cyangwa na ba
    mukerarugendo iyo bivuye aho bibikwa bigiye gukora cyangwa se iyo byimutse aho
    byakoraga bijya gukora ahandi.
    b) ibinyabiziga bikururana bikoreshwa n’abapataniye imirimo iyo bivuye aho bibikwa
    bigiye aho bikora cyangwa iyo bitahutse cyangwa se iyo byimutse aho byakoraga bijya
    gukora ahandi.
    c) imashini zihinga zikururana iyo zigenda urugendo rutarenze kilometero 25 rw’aho
    zikorera.
    d) ibinyabiziga bikururana bitwaye ibyamamazwa.
    Igiteranyo cy’uburebure bw’ibyo binyabiziga bikururana ntigishobora kurenga metero 25.
  3. Iyo hagati y’uruhande rw’imbere rwa romoruki n’uruhande rw’inyuma rw’ikinyabiziga
    kiyikurura hari umwanya urenze metero 3, ikibizirikanyije kigomba kugaragazwa:
  • ku manywa: n’agatambaro gatukura gafite byibura santimetero 50 z’uruhande;
  • iyo amatara y’ikinyabiziga agomba gucanwa: n’ikimenyetso cy’itara risa n’icunga
    rihishije rigaragara mu mbavu keretse iyo ikibizirikanyije kimuritswe.
  1. Ibizirikisho by’iminyururu cyangwa by’insinga kimwe n’ibindi bizirikisho by’ingoboka
    bikoreshwa gusa igihe ; nta kundi umuntu yabigenza kandi nta kindi bigiriwe, uretse gusa
    kugira ngo ikinyabiziga kigere aho kigomba gukorerwa kandi nturenze na rimwe kilometero
    20 mu isaha.
    lbyo bizirikisho bigomba kugaragazwa n’icyapa cyera cya mpande enye zingana gifite nibura
    santimetero 30 kuri kuri buri ruhande, kiri ku ruhande rw’imbere rw’ikinyabiziga
    gikurura.Gutwara ibintu bidashobora kugabanywamo ibice no kugendesha ibinyabiziga
    cyangwa za romoruki zikoreshwa mu gutwara ibyo bintu kandi ibiziranga bikaba birengeje
    ingero ntarengwa zashyizweho n’iri teka, bitangirwa uruhushya na Minisitiri ushinzwe Gutwara
    Abantu n’Ibintu amaze kuvuga ibyangombwa bigomba kuzuzwa kugirango rutangwe.
  2. Iyo uruhushya rwasabwe rwerekeye ubugari, ubuhagarike cyangwa uburebure,
    rugomba kwandikwaho itariki, kandi byaba ngombwa, rukandikwaho amasaha ibyo
    bintu bizatwarirwaho kimwe n’aho bizanyuzwa.
  3. .
  4. Gutwara, mu binyabiziga bigendera ku mihanda, rukururana, za gari ya moshi zirimo
    ubusa cyangwa zipakiye, bishobora kwakirwa impushya zemewe ku rugendo rumwe gusa
    cyangwa ku ngendo nyinshi.

By Urungano Initiative

We provide reliable and evidence based SRHR information

Leave A Comment

Your Comment
All comments are held for moderation.