Amategeko y'umuhanda

AMATEGEKO Y’UMUHANDA:Abanyamaguru

  1. Uretse iyo hari amategeko yihariye yerekanwa n’ibimenyetso, utuyira turi ku mpande
    z’umuhanda n’inkengero zigiye hejuru bihariwe abanyamaguru,
    Abanyamaguru batatanye cyangwa bagize udutsiko tudafatanyije gahunda kandi
    batanayobowe n’umwalimu,bategetswe kunyura mu tuyira turi ku mpande z’umuhanda no
    ku nkengero zigiye hejuru uretse ubutaka butsindagiye butandukanya imihanda ibiri bwo
    bunyurwamo gusa n’abanyamaguru bashaka guhagarara akanya gato igihe bambukiranya
    iyo mihanda.
  2. Iyo hatari utuyira two ku mpande z’umuhanda cyangwa inkengero zigiye hejuru,
    cyangwa bidashobora kugendwa, abanyamaguru bagomba kunyura mu tuyira turi ku
    musezero w’umuhanda, bapfa gusa kutabuza cyangwa kutabangamira uburyo bwo
    guhagarara akanya gato, bwo kubisikana cyangwa kunyuranaho by’abayobozi, bibaye
    ngombwa bagomba kwegera uruhande rw’inyuma rw’inkengero y’umuhanda.
  3. Iyo nta nkengero y’umuhanda iringaniye cyangwa idashobora kugendwamo,
    abanyamaguru bashobora kunyura mu kayira k’abanyamagare cyangwa se mu muhanda. Iyo
    banyuze mu kayira k’abanyamagare, abanyamaguru bagomba kureka abanyamagare
    n’abagendera kuli velomoteri bagahita
  4. .’
  5. Abanyamaguru Bagomba kunyura mu myanya yabateganyirijwe iyo iri ahatageze
    ku metero 50.
  6. Ahari ibimenyetso by’amatara byagenewe abanyamaguru, abo bagomba kubahiriza
    ibyerekanwa n’ayo matara.
  7. Nta na rimwe abanyamaguru bashobora gutinda mu muhanda cyangwa kuhahagarara nta
    mpamvu nyakuri ibiteye.
    9
  8. Abantu batwaye utunyabiziga tw’abana, tw’abarwayi, cyangwa utw’ibimuga bubahiriza
    ibyo abanyamaguru bategetswe; ni nako ibimuga byitwaye mu tunyabizigatwabyo bigomba
    kubigenza, bipfa gusa kutihuta birengeje umunyamaguru ugenda bisanzwe.

By Urungano Initiative

We provide reliable and evidence based SRHR information

Leave A Comment

Your Comment
All comments are held for moderation.