Amategeko y'umuhanda

IBIMENYETSO BIRI MU MUHANDA


. Ibimenyetso birombereje

  1. Ibimenyetso birombereje bigizwe n’imirongo iteganye n’umurongo ugabanya
    umuhanda mo kabiri.
    Bishobora kuba bigizwe na:
    a) umurongo udacagaguye;
    b) umurongo ucagaguye;
    c) umurongo udacagaguye n’umurongo ucagaguye ibangikanye.
  2. Umurongo wera udacagaguye uvuga ko umuyobozi wese abujijwe kuwurenga. Kandi
    birabujijwe kugendera ibumoso bw’umurongo wera udacagaguye, iyo uwo murongo
    utandukanya ibyerekezo byombi by’umuhanda.
  3. Umurongo ucagaguye uvuga ko buri muyobozi abujijwe kuwurenga, keretse mu gihe
    agomba kunyura ku kindi kinyabiziga, gukatira ibumoso, guhindukira cyangwa kujya
    mu kindi gice cy’umuhanda.
    Iyo uduce tw’umurongo ucagaguye ari tugufi kandi twegeranye cyane, tuvuga ko
    umurongo ukomeza wegereje.
  4. Iyo umurongo wera ukomeje n’umurongo wera ucagaguye ubangikanye umuyobozi
    agomba kwita gusa ku murongo urushijeho kumwegera.
  5. lgice cy’inzira nyabagendwa kigarukira ku mirongo ibiri yera icagaguye ibangikanye
    kandi gifite ubugari budahagije kugira ngo imodoka zitambuke neza, kiba ari agahanda
    k’amagare.
  6. Umurongo were udacagaguye ushobora gucibwa ku nkombe nyayo y’umuhanda,
    umusezero w’inzira y’abanyamaguru cyangwa w’inkengero y’umuhanda yegutse
    kugirango biboneke ku buryo burushijeho.
  7. Umurongo w’umuhondo ucagaguye uciye ku nkombe nyayo y’umuhanda, umusezero
    w’inzira y’abanyamaguru cyangwa w’inkengero y’umuhanda yegutse, bivuga ko
    uguhagarara umwanya munini bibujijwe kuri uwo muhanda ku burebure bw’uwo murongo.
  8. Umurongo mugari wera udacagaguye ushobora gucibwa ku muhanda kugirango
    ugaragaze inkombe mpimbano yawo.
    Igice cy’umuhanda kiri hakurya y’uwo murongo kigenewe guhagararwamo umwanya muto
    n’umwanya munini keretse kubyerekeye imihanda irombereje y’ibisate byinshi n’imihanda
    y’imodoka.
    .lmyanya ibinyabiziga bigomba guhagararamo ishobora kugaragazwa n’imirongo yera
    yambukiranya umuhanda.
  9. Mu gihe iyo mirongo nta kundi yagenwe, imirongo yera irombereje igomba kugira
    ubugari buri hagati ya santimetero 10 na santimetero 15, naho imirongo migari igomba
    kugira ubugari buri hagati ya santimetero 40 na santimetero 60.
    ibimenyetso byambukiranya
  10. Umurongo mugari wera udacagaguye uciye ku buryo bugororotse ku nkengero
    y’umuhanda werekana aho abayobozi bagomba no guhagarara akanya gato gategetswe.
  11. Umurongo ugizwe na mpande-eshatu nyampanga zifite amasonga yerekeye aho
    abayobozi zireba baturuka kandi uciye ku buryo bugororotse ku nkengero y’umuhanda

werekana aho abayobozi bagomba guhagarara akanya gato iyo bishoboka,

  1. Ahanyurwa n’abanyamaguru haciye imirongo yera iteganye n’umurongo ugabanya
    umuhanda mo kabiri mu burebure bwawo.
  2. Ahanyura abayobozi b’amagare n’aba velomoteri zifite imitende ibiri bambukiranya
    umuhanda haciye imirongo ibiri icagaguye igizwe na kare cyangwa ingirwamyashi
    by’ibara ryera.
  3. Imirongo yera yambukiranya umuhanda, igomba kuba ifite ubugari buri hagati ya
    santimetero 20 na santimetero 60.
    Ibindi bimenyetso.
    :
  4. Uturangacyerekezo dutoranya tw’ibara ryera dushobora gushyirwa hafi y’amasangano.
    Utwo turangacyerekezo twerekana igisate cy’umuhanda abayobozi bagomba gukurikira
    kugira ngo bagane mu cyerekezo cyerekanwa n’utwo turangacyerekezo.
    Kandi mu masangano abayobozi bagomba gukulikira icyerekezo, cyangwa kimwe mu
    byerekezo byerekanwa ku gisate cy’umuhanda barimo.
  5. Umurongo uciyemo uduce umenyesha ahegereye umurongo ukomeje ushobora
    kuzuzwa n’uturanga gukata tw’ibara ryera.
    Utwo turangacyerekezo tumenyesha igabanurwa ry’umubare w’ibisate by’umuhanda
    bishobora gukoreshwa mu cyerekezo bajyamo.
  6. Ibyandikishijwe ibara ryera mu muhanda bishobora kuzuza ibyerekanwa n’ibyapa.
  7. lbyerekezo binyuranye bishobora kwerekanwa ku bsate by’umuhanda.
  8. Uturangacyerekezo n’inyuguti z’ibyanditse bigomba kugira nibura uburebure bwa
    metero 2 na santimetero 50 keretse aho imivuduko yo kwegera aho biri itarenga
    kilometero 50 mu isaha n’ubugari bwabyo bugomba kuba hagati ya santimetero 10 na
    santimetero 30.
  9. Imyanya y’aho ibinyabiziga bibujijwe kunyura cyangwa bitegeka ibinyabizigakunyura mu
    cyerekezo iki n’iki, bishobora kugaragazwa ku butaka n’imirongo iberamye iteganye yera, ifite
    ubugari buli hagati ya santimetero 10 na santimetero 15 kandi itandukanijwe na santimetero kuva kuri
    20 kugeza kuri santimetero 30.

By Urungano Initiative

We provide reliable and evidence based SRHR information

Leave A Comment

Your Comment
All comments are held for moderation.